Home Blog

ADEPR: Hari abahisemo kudashyira 1/10 cyabo mu GISEKE, ahubwo bakagishyira aba Pasiteri bahagaritswe!

0

Hashize iminsi hirya no hino mu nsengero za ADEPR habayeho amavugurura ataravuzweho rumwe bitewe nuko abashumba b’amatorero bagiye bahagarikwa ariko ntihatangwe ubusobanuro bwemeza abanyetorero impamvu ya nyayo bavanywe mu mirimo. 

Havuzwe byinshi, ariko ntibyagira icyo bihindura ku cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa ADEPR ngo bube bwabasubiza mu mirimo. Ibi byarakaje benshi mu bayoboke b’iri Torero, basaba ubusobanuro ariko biba iby’ubusa. Icyakurikiye iri hagarikwa, nticyatinze kwigaragaza ku buryo imiryango y’abashumba bayoboraga amatorero bakuwe mu mazu bishyurirwaga, bamburwa amamodoka n’ibindi.

Kuva ubwo, ubukene bwatangiye kunuuma mu ngo zabo, inzara ivuza ubuhuha, kwirukanwa kw’abana mu mashuli n’ibindi….. Kubabona bamaze kwandagara kandi abakiristo bari basanzwe babubaha nk’abanshumba bababwirije ubutumwa bwiza ndetse bakabarera mu buryo bw’umwuka, byatumye benshi muri bo bafata ibyemezo bikomeye ku kigendanye no gutura.

Ikinyamakuru ISANGE.rw cyatohoje amakuru yuko hari benshi mu bakiristo batagikozwa gutura 1/10 gisanzwe gishyirwa mu giseke cyangwa se cyajyanwaga mu biro by’umukuru w’Itorero kikandikwa mu bitabo byabugenewe. Aba bakristo babwiye ISANGE ko aho kugira ngo batange kimwe mu icumi kijya mu mifuka y’abayobozi bizamuriye imishahara maze bagahagarika abakuru b’amatorero, bahisemo kujya bakijyanira ba bandi bahagaritswe nta mpamvu.

Umwe muri bo yagize ati “Njye n’umutima nama wanjye, narasenze mpatwa kujya mfata 120,000Frw nka 1/10 cy’umushahara mpembwa nkakigabanya abakozi b’Imana bagize akarengane ko guhagarikwa. Bariya bayobozi ba ADEPR baratubeshye ubwo bajyaga ku buyobozi! Batubwiye ko bagiye guhindura ibintu ku buryo bazaha agaciro abakozi ndetse bakazamura umubare w’amafaranga usigara ku Itorero. Ibyo byose nta na kimwe bakoze, ahubwo barushijeho kujyana ibintu ahabi.

Ubwo se imishahara abashumba bangana kuriya bahabwaga isigaye ikoreshwa iki kandi ko Itorero ritigeze ribura amafaranga yo kubahemba? Njye na bagenzi banjye benshi bari hirya no hino mu matorero, twasanze Itorero ryaratewe maze natwe Imana iduha ubwenge bwo kuyikorera tubohotse. 

Ntabwo natanga amafaranga angana kuriya maze ngo ndyame numva mfite umutima udatuje kubera ko nakoze icyo umutima wanjye udashaka. Imana ishyigikiye uko ntanga 1/10 kandi bimpaye amahoro n’umugisha mwinshi.

Si uyu gusa ahubwo hari n’abandi bavuga ko icyo bagomba gukorera Imana bakizi ko nta we ukwiriye kukibigisha. Gusa icyo usanga bahurijeho, ni ituro ry’umutima ukunze batanga mu gihe cy’amateraniro kuko ryo hari imirimo mito korerwa ku rusengero ryunganira.

Tuzakomeza gutohoza iby’iki kibazo.

Kimironko: Uko bamwe muba Pasiteri bajya kurya muma Resitora ahenze FAGITIRE zikishyurwa n’abakiristo babo!

0

Muri iki gihe hasigaye haradutse icyo twakwita UBUTEKAMUTWE bwitwaje inshingano za Gipasiteri, aho bamwe mu bakiristo  basigaye binubira guhora bishyura FAGITIRE z’ibyo baba bafashemo ibyo kurya n’ibyo kunywa mu maresitora akomeye yo muri Kigali.

Tujya kwandika iyi nkuru, twaganiriye na bamwe mu bakiristo bakozweho bene ibyo bikorwa bigayitse maze batubwira uko aba ba Pasiteri babigenza. Umwe muri bo utarashatse ko dutangaza amazina ye yabwiye ikinyamakuru ISANGE.rw ko ubwo yari mu kazi yagiye kubona yumva Pasiteri we amuhamagaye kuri telefoni ye.

Ngo yamubwiye ko amushaka cyane byihutirwa mbese ko hari ubutumwa bwihutirwa amufitiye. Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri numvise Pasiteri ampamagaye kandi ko byihutirwa, maze mpita nsaba agahusa mu kazi njya kumureba cyane ko aho nari ndi hatari kure cyane yaho yari ambwiye kumusanga. Nafate akamoto ngezeyo nsanga ni muri Resitora yiyubashye hano muri Kigali mu murenge wa Kimironko. Sinasanze ari wenyine kuko yari kumwe n’ikindi gikundi cya bagenzi be 5 baba Pasiteri harimo n’abavugabutumwa.

Nabaye nkibasuhuza umwe muri bo aba atangiye kumpanurira ibyo Imana igiye guhindura ku buzima bwanjye, maze bahita bampa intebe nicara hagati yabo. Byihuse, umukozi w’iyo Resitora nawe yahise aza kumbaza icyo mfata maze ntumiza Fanta kuko numvaga ntari buhatinde nubwo rwose hari mu gihe kegereje amasaha ya saa sita.

Ubwo uwo muhanuzi yari amaze kumpanurira, bose bakomeje kumbwira ko Imana imfiteho umugambi mwiza! Hashize nk’iminota 30 mbabwira ko nari nadomotse mu kazi ko nshaka kugenda……. Ubwo Pasiteri wanjye yahise ambwira ko abakozi b’Imana bampesheje umugisha kandi ko bo bagifite umwanya aho nabasanze.

Umuvugabutumwa ntamenye mubo bari bicaranye yahise abivugira aho ansaba ko nagira icyo nkora ku byo barimo gufatira aho nk’umukozi w’Imana, maze nk’umuntu wari umaze kwakira ubuhanuzi ngira ipfunwe ryo kugenda nta kintu nkoze cyane ko nanjye nari nafashe Fanta, uwo ukaba wari umutego nyine!

Nahise nishyiramo akanyabugabo mpamagara wa mukozi wanzaniye Fanta mubaza Fagitire ngo ndebe uko ingana. Nasanze bamaze kurya no kunywera ibintu bya 32,000Rwf! Nabanje kurwana n’umutima ariko nakwibuka ibya bwa buhanuzi bwabo nkumva ndatsinzwe. Nababwiye ko badakwiriye kugira ikibazo ku kijyanye no kwishyura maze njya kuri kontwari ndishyura mbasiga aho ariko nibaza impamvu atambwiye cya kintu kihutirwaga yashakaga kumbwira!.

Mu by’ukuri natashye mbabaye ntiyumvisha ibimbayeho sinagira uwo mbibwira kabone n’umugore wanjye….. naje kubimubwira hashize icyumweru cyose. Nyuma yaho nabwo Pasiteri wanjye yarongeye arampamagara mubeshya ko nagiye gukorera mu ntara, birangirira aho!

Undi nawe twaganiriye nawe utemeye ko amazina ye atangazwa, yavuze ko nawe ibyo byamubayeho ariko we akaba atarigeze ahamagarwa. We yatubwiye ko yagiye kurya muri Resitora iri Kimironko maze asangamo igikundi cy’abapasiteri batandatu baje kurya no kunywa. Nawe yavuze ko bamusabye guhaguruka aho yari yicaye akabasanga. Yarabikoze baricarana ariko agiye gutaha, umwe muri bo amusaba ko yahesha umugisha abakozi b’Imana mbese nkuko nabo bajya bawubahesha mu nsengero.

Ngo kuko nta yandi mahitamo yari afite, yaremeye ajyana FAGITIRE kuri kontwari arishyura, gusa ntiyatubwiye umubare w’ibyo bafashe aho.

Undi nawe wigeze kubona icyo gikundi, yemeje ko kizwi cyane cyane muri Kimironko ngo kuko kizenguruka hirya no hino mu maresitora akomeye ndetse no mu mahoteri yaho. Yavuze ko hari n’amadeni kigenda gifata cyane cyane mu maresitora y’abayoboke babo, kwishyura bikaba byarabaye ingorabahizi.

Yasoje asaba ko ubu butekamutwe bukaba bukwiriye kwamaganwa na buri wese.

Gusa abakunze gushyirwa mu majwi, ni aba Pasiteri bo mu matorero mato benshi bakunze kwita ay’inzaduka.

Turacyaperereza ngo tumenye amaresitora basize batishyuye ndetse n’agaciro k’ingano yabyo.

Abakristo n’insengero za Methodiste Uni bashyizwe mu cyamunara, New Life Bible Church iri mu bapiganwa!

0

Ni kenshi mu nkuru zacu zabanje twakunze kwerekana impungenge z’abakristo biyuha akuya bakubaka insengero z’ibitabashwa ariko batazi ko baruhira abayobozi babo, ariko nyuma bakazumva ko bashyizwe ku isoko nk’ ibicuruzwa!

Ama mbere, habayeho icyo twakita Bombori bombori muri CMUI (Communaute Methodiste Uni International) ifite ikicaro gikuru mu Mudugudu wa Dusenyi Akagari ka Kagugu Umurenge wa Kinyinya Akarere ka Gasabo, aho abayoboke b’iri Torero bagiye bahangana n’abayobozi babo kubera kunyereza imitungo.

Burya Koko ngo imbeba irya umuhini yototera n’isuka!  Nyuma yuko Pastor Sekimonyo na Komite barezwe mu nkiko n’abayoboke babo gusesagura umutungo no kugurisha insengero n’ibindi bikorwa, ubu ngo haba  hatahiwe kugurisha Itorero  n’abayoboke, maze   bikegurirwa New Life Bible Church yinjiye mu gikorwa cyo guciririkanya ikiguzi.

Mu kiganiro ISANGE.rw yagiranye  na Pastor Ruvuzacyuma JMV wayoboraga Itorero rya CMUI Rugerero ryo mu Karere ka Rubavu  akaza kwimurirwa ku Itorero rya Ndobogo, ashinja Pastor Sekimonyo Fidele ko yagurishaga imitungo itimukanwa ari kumwe n’umwungirije  hamwe n’umwanditsi.

Pastor Ruvuzacyuma akomeza avuga ko iyo bakoraga hakagira ubaza iby’umutungo  bahitaga bakwirukana ndetse n’iyo bamenyaga umukristo uvugana n’uwabajije iki kibazo nawe yahitaga yirukanwa.

Umukristo wasengeraga kuri CMUI mu mujyi wa Rubavu ubu akaba atuye Mahoko ariko wanze ko dutangaza amazina ye, yatubwiye ko bafite agahinda ko kutabona aho basengera kuko urusengero rwa CMUI Rugerero rwagurishijwe none bakaba bafite amakuru ko Itorero  n’abakristo  byose bigiye kugurishwa akaba asaba ko byahagarikwa mu maguru mashya.

Twahamagaye Umushumba mukuru wa New Life Bible Church Mugisha Buregeya Charles dusanga ari mu nama aduha uwo tuvugana witwa Rev. Isaac Kitegwa adutangariza ko nta gahunda bafite yo kugura itorero rya CMUI, ati “Tubyumva mu itangazamakuru  nk’ibihuha”

Pastor Bahati Etienne wabaye Rejiyonari wa Majyaruguru akaba impirimbanyi mu kugaruza imitungo y’itorero yemeza ko Pastori Sekimonyo yononnye imutungo y’itorero rya CMUI, aho biyambaje akanama nkemura mpaka no mu ihuriro ry’amatorero biba ibyubusa kugeza no muri RGB ndetse no mu nkiko.

Pastor Bahati arasaba inzego zibishinzwe hamwe n’itangazamakuru guhagarika imitungo isigaye itaragurishwa mu gihe hataraboneka ubutabera kuri iki kibazo.

Pastor Sekimonyo Fidele nawe yadutangarije ko nta bibazo biri mu itorero rya CMUI. Nyamara nubwo abihakana,  ku matariki ya 16 na 17 Werurwe 2022 i Rubavu hari abazungu baje guha abapasitori bo muri CMUI amahugurwa,  bikaba byaraketswe  ko bari boherejwe na New Life Bible Church yitegura kugura iri Torero.

Pastor Sekimonyo avuga ko ibyo ari bihuha bitangwa nabo baburana mu nkiko bayobowe na Pastor Bahati  ndetse n’abatifuza ko Itorero ryatera imbere.

Tuzakomeza kubakurikiranira ibibera muri CMUI.

I Rubavu hubatse urusengero rwa New Life hahoze ibikorwa bya CMUI
Aya ni amashuli ahubatse
Abazungu bivugwa ko boherejwe na New Life Bible Churc gutanga amahugurwa ku bayobozi ba CMUI mbere yo kugurwa kw’Itorero n’abayoboke babo.
Iyi foto igaragaza hakiri ibikorwa bya CMUI
Rugamba Erneste

Nyuma yuko Past.MASUMBUKO yirukanywe, Korali Amahoro yahanyuranye umucyo ariko ihabwa umwigisha w’UMUTSINDIRANO!

0

Mu gihe abantu benshi baguye mu kantu nyuma yuko Umuvugizi wa ADEPR Past.NDAYIZEYE Isaie ahagarikiye mu ruhame Past.Masumbuko Josue akamubuza kwigisha mu giterane cyari cyateguwe na Korali AMAHORO ya ADEPR Remera, ntibyabujije ko gikomeza kandi kikagenda neza.

Iki giteramo cyabaye mu minsi ibiri kuwa 16-17/04/2022 kikaba cyari gifite intego yo kwizihiza Pasika ari nako iyi Korali Amahoro yari yagiteguye yabihuje no gufata amashusho n’amajwi mu buryo bw’imbonankubone (Live Recording). Iyi Korali ntiyaciwe intege n’ibyakibereyemo kuko yakoze neza ibyo yari yateguye ku buryo yanyuranye umucyo imbere y’imbaga yari yakubise yuzuye urusengero.

Korali Amahoro yahanyuranye umucyo

Abahanzi barimo Simon Kabera, Alexis Dusabe n’abandi bafashije iyi Korali muri iki gikorwa ku buryo banyuze mu buryo bwuzuye abari bitabiriye. Mu giterane nyir’izina habayeho ubukorwa byo gushimira Imana byimbitse bikozwe na bamwe mu baririmbyi ba Korali Amahoro bagiye batanga ubuhamya bw’ibyo Imana yayikoreye kimwe n’imiryango yabo.

HOHEREJWE UMUBWIRIZA W’UMUTSINDIRANO

Hari abantu benshi bibajije umwigisha uzaza gusimbura Past.Masumbuko Josue dore ko ari we wari kuzigisha muri iyo minsi ibiri cyamaze. Abantu batunguwe no kubona higishije uwitwa Evangeliste NZARAMBA Jean Paul twahisemo kwita UMUTSINDIRANO kuko bamuzanye biturutse ku bandi, uyu akaba asanzwe amenyerewe kwigisha mu biterane binini n’ubundi.

Evangeliste NZARAMBA Jean Paul

Uyu muvugabutumwa nubwo yahamagajwe bitunguranye, yabashije kwigisha ijambo ry’Imana rihuye n’insanganyamatsiko y’igikorwa aho yibukije abakiristo kutajya baremererwa n’imitwaro ndetse n’ububata bw’ibyaha kandi bahora mu rusengero aho bakabaye bakwiriye kuruhukira.

Amakuru ISANGE.rw yatahuye ni ay’uko uyu mwigisha yaba yahamagajwe n’Umushumba uyobora amaparuwasi yo muri ADEPR Remera Past.GATANAZI Justin wanavuzweho ko ari we wategetse ko Past.Masumbuko avanwa ku ruhimbi ariko nawe abitegetswe n’abamukuriye twavuze mu nkuru yabanje.

Korali Amahoro ubwo yateguraga iki gitaramo yari yatumiye Past.Masumbuko nk’umwigisha w’Ijambo ry’Imana ariko birangira igenewe undi.

Kugeza ubu abantu benshi baracyari kwibaza icyo Umuvugizi wa ADEPR Past.NDAYIZEYE Isaie yaba yarahoye Past.Masumbuko ku buryo amukoza isoni imbere y’Intama.

Tuzakomeza kubacukumburira impamvu ibyihishe inyuma.

Perezida wa Korali Amahoro Nagiriwubuntu Dione yashimiye abaje kwifatanya nabo

Simona Kabera yasusurukije abari aho

Kanda hasi usome uko byabanje:

Past.MASUMBUKO yabujijwe kubwiriza mu giterane cya ADEPR, asohorwa nk’ushimuswe!

Umwuka wa SATANI waba ariwo ubabyinisha IGISIRIMBA bakambakamba abandi bahekanye ku mugongo?

1

Injyana yitwa IGISIRIMBA ikomeje kuvugisha benshi hirya no hino mu nsengero, aho usanga amatsinda atandukanye arushanwa kuzana UDUSHYA mu rwego rwo kugaragaza imibyinire yihariye kugira ngo bemeze ababareba. 

Ibi bijya gutangira, byazanywe nabo twakwita INSORESORE zibyina zisimbuka ku buryo zigera mu ntera ya metero nk’ebyiri z’ubujyejuru, izindi zigasimbuka ahafite umurambararo wa metero nk’eshatu!

Kuva nko mu mwaka wa 2016 nibwo uyu mwuka wagiye ukwirakwira hirya no hino mu matorero ku buryo byagiye bifata indi ntera, aho usanga hari ababyina bakambakamba, abandi bahekanye ku migongo, abandi baryamye hasi bigaragura n’ibindi mujya mubona!

Hirya no hino mu nsengero, aba babyina gutya bagiye banengwa kubikora BAHUTAZA abatari muri izo gahunda, ngaho aho bamenagura ibikoresho byo mu nsengero ngo barasimbuka, ngaho abaca mu ntebe basizunika, ngaho abikorera intebe zo kwicarwaho bakazizengurukana mu rusengero cyangwa se hanze yarwo n’ibindi biteye impungenge. Hari henshi kandi hagiye hagaragara abagiye babivunikiramo kubera kubikora bashaka kwemeza ababareba.

Benshi babona iyi mibyinire bahuriza ku kuba uyu atari umwuka uva ku Mana, ahubwo ari uwa SATANI kuko ngo ntabwo umwuka muzima yafata umuntu ngo amenagure ibintu byose, ngo avunagurike  cyangwa se ngo ahutaze abandi.

Aya marushanwa yo kubyina igisirimba, usanga agenda afata indi ntera ku buryo hari aho abashumba b’amatorero babihanganiramo na bene ukuzana izi mbyino zivugisha abantu benshi.

 

Breaking: Past.MASUMBUKO yabujijwe kubwiriza mu giterane cya ADEPR, asohorwa nk’ushimuswe!

11

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 16/04/2022 kuri ADEPR REMERA ubwo habaga igitaramo cyo kwizihiza Pasika cyateguwe na Korali AMAHORO, habareye igikorwa benshi mu bari bakitabiriye bise icy’ubugome n’iteshagaciro ku Itorero cyakozwe n’ubuyobozi bwa ADEPR. 

Ubwo abantu benshi bari biteguye ko Pasiteri MASUMBUKO Josue yari kubwiriza muri iki gitaramo dore ko yari yaraciwe kubwiriza ku mpamvu zitigeze zisobanurwa n’ubuyobozi bwa ADEPR, batunguwe no kubona yirukanwa mu Iteraniro kandi hari hashize ukwezi kose byaratangajwe ko ari we uzakigishamo.

Ubwo bari bageze mu gihe cyo kwakira umuvugabutumwa ngo asuhuze abanyetorero dore ko yiteguraga kuvuga ijambo ry’Imana, abari aho bagaragaje amarangamutima menshi bakoma mu mashyi menshi bagaragaza ko bishimiye kongera kumubona abagaburira ijambo ry’Imana.

UKO OPERASIYO YAKOZWE. 

Mu gihe yari ahagaze imbere ku ruhimbi ngo asuhuze Itorero, ako kanya hahise hasohoka ITEGEKO ry’ikubagahu risaba ko Masumbuko asohorwa mu rusengero AGATAHA. 

Amakuru ikinyamakuru ISANGE cyabonye ariko bigoranye, ni ay’uko mbere yuko ajya kwigisha, Umuvugizi wa ADEPR Pasiteri ISAIE NDAYIZEYE yahamagaye uwitwa Eugene umwungirije, amutegeka guhamagara Umushumba w’Itorero rya Kabuga ngo nawe ahamagare Umushumba w’Itorero rya Remera ryabereyemo iki giterane guhita ahagarika Past.MASUMBUKO kubwiriza.

Ubwo uwo mushumba wa Kabuga yahise ahamagara uwa Remera amutegeka kwirukana Masumbuko, maze nawe ahita  atuma Mwalimu witwa Edmond uyobora aho i Remera kujya gukura Past.Masumbuko ku ruhimbi. Uwo Edmond yahise asanga Masumbuko ku ruhimbi aramwongorera, amusaba ko bajyana hanze gato akagira icyo amubwira.

PAST.MASUMBUKO YASOHOWE MU RUSENGERO  NK’USHIMUSWE….

Amakuru ISANGE yatahuye ni ay’uko mu gihe bari hanze uwo Mwalimu Edmond yabwiye Masumbuko yuko agomba guhita afata inzira agataha adasubiye mu iteraniro ngo kuko ari itegeko riturutse hejuru muri ADEPR. Mu rusengero, abantu ntibigeze basobanukirwa ibyari birimo biba muri uwo mwanya.

Mu rusengero imbere kandi Korali Amahoro yahise itegekwa nayo kujya ku ruhimbi ngo ikomeze iririmbire abantu indirimbo nyinshi (Mu buryo itari yateguye) mu gihe hari hagishakishwa icyakorwa……maze nayo irabikora ariko itazi ibirimo kubera hanze……..nayo igeze aho irarambirwa!

Ubwo yari imaze kuririmba indirimbo nyinshi, nayo yatangiye kwibaza impamvu Masumbuko ataza ngo yigishe cyane ko nta wari ukiri mu rusengero. Ubwo  nibwo abari mu rusengero batunguwe no kubona ku ruhimbi hazamutseho undi muvugabutumwa utari wateganijwe, maze nawe yigisha ibyo atari yateguye!

Urusengero rwa ADEPR REMERA

Urusengero rwa ADEPR REMERA rwabereyemo iki gitaramo

ABANTU BAGUYE MU GAHUNDWE…..BATAHA URUSORONGO!

Abari aho bakubiswe n’inkuba babonye ibibaye, bibaza aho Past.MASUMBUKO yarengeye! Bibabjije impamvu higishije undi muvugabutumwa ariko nta gisubizo cyabyo bigeze babona maze bamwe bahitamo gutaha urusorongo.

IBYABAYE BISA NEZA N’IGIHE Past.USABWIMANA Samuel muri 2013 nawe wigeze gukomerwa amashyi ubwo ba Bish.Tom Rwagasana na SIBOMANA Jean bageraga mu giterane cyari yabereye kuri ADEPR Muhima abakiristo ntibabakomere amashyi ariko bakayakomera Past.USABWIMANA Samuel kuva ubwo bagahita bamuca!

ABARI MU GITERANE BATASHYE BABABAYE CYANE BIBAZA IBY’UYU MUKINO!

Umwe mu bari bitabiriye iki gitaramo yabwiye ISANGE ko bibabaje ko Umuyobozi wa ADEPR aza gukinira mu giterane cya Korali AMAHORO yubashywe na benshi muri iri Torero. Yavuze ko yasuzuguye ndetse agatesha agaciro iyi Korali, ndetse ko akwiriye kuzabisabira imbabazi. Yasoje avuga ko ababajwe n’imbaraga iyi Korali Amahoro yatakaje muri iki gikorwa ariko kikaba cyabangamiwe n’abari bakwiriye kugishyigikira.

Twabibutsaga ko Past.Masumbuko Josue yabaye Umunyamabanga Mukuru wa ADEPR kuva mu 2007 kugeza 2013 ku buyobozi bwa Past.USABWIMANA Samuel. Yanabaye umuyobozi ku rwego rw’akarere kuva buyobozi bwa ba Bishop Tom Rwagasana na Sibomana Jean kugeza ku bwa Past.Karuranga Euphrem, aza guhagarikwa nubwa Past.Isaie NDAYIZEYE ubwo habaga amavugurura y’abakozi.

Byari biteganijwe ko Past.Masumbuko ari we wari kuzigisha muri iki gitaramo cy’iminsi ibiri, ariko kugeza ubu ntihazwi uzaza kwigisha mu mwanya we kuri iki cyumweru.

Iki gitaramo kizakomeza kuba kuri iki cyumweru tariki ya 17/04/2022.

Tuzabakurikiranira andi makuru….

Abanyarwanda bazongera GUSHIMA IMANA ryari? Ni nde wabaye KIDOBYA?

0

Umunyarwanda yaciye umugani ati “Burya koko ngo nta gahora gahanze!” U Rwanda ni kimwe mu bihugu bya Africa byaranzwe n’Umuco mwiza wo GUSHIMA IMANA ku byo iba yarakoreye igihugu kuva mu bihe byo ha mbere.

Ubundi byari bisanzwe bimenyerewe ko igikorwa cyo gushima Imana kiba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Thanks Giving) ariko byabaye ngombwa ko amatorero n’amadini byo mu Rwanda byigaana uyu muco kuko nta cyo wari utwaye.

Ama mbere, iki gikorwa cyatangijwe n’amatorero y’abavutse ubwa kabiri yitwa BORN AGAIN Churches mu mwaka wa 2011 ariko ku mpamvu duhisemo kutavuga aka kanya muri iyi nkuru, aza gusanga cyayaciye mu myanya y’intoke kigera mu biganza by’Umunyamerika Dr. RICK Warren nawe abinyujije mu cyitwa PEACE Plan Rwanda kigizwe n’amadini ndetse n’amatorero bya Gikiristu yo mu Rwanda.

Iki gikorwa cyatangijwe mu mwaka wa 2013 ku nshuro yacyo ya mbere kibera kuri Stade Amahoro i Remera, abantu bari bavuye imihanda yose barakubita baruzura, kigenda neza cyane. Nyamara, nyuma yaho gato ahagana mu mwaka wa 2015, 2016, 2017 ari nawo mwaka wa nyuma giheruka kubamo, hagiye haba ibintu umuntu yakwita akumiro kakuruye ikimwaro kuri ayo madini n’amatorero.

Ngaho imicungire mibi mu itegurwa ryacyo, ngaho ukutavuga rumwe kw’abashumba b’amatorero yari agihuriyemo n’ibindi. Uko ibi byose byagendaga biba, ni nako abantu benshi bacikaga intege zo kukigarukamo, bagahitamo kwigumira mu ngo zabo cyangwa se kujya gushima Imana mu matorero y’iwabo.

Ntibyateye kabiri, uwitwa Apotre RWANDAMURA Charles atangiza inkubiri yiswe “UKWICOMOKORA KU IDINI” abitewemo ingabo mu bitugu na ya matorero yagitangije bwa mbere yibumbiye muri BORN AGAIN yacyambuwe muri 2013. Abayoboke b’aya matorero, bakanguriwe kutongera kujya kwicomeka ku IDINI kuko ngo Rwanda Shima Imana yari yarahamagaye Kiliziya Gaturika n’Idini ya Islam kujya baza kwifatanya mu gushima Imana kugeza nubwo hari igihe mu gikorwa nyir’izina ubwo bari bagiye gusengera umwigisha, hahamagawe SHEHE w’abayisilamu ngo abe ari we usengera ijambo ry”imana!

Ibi byakuruye uburakari bukomeye kuri bamwe mu bari aho, bitotombera mu matama mbese batumva ukuntu igikorwa kigenda gitakaza UMWIMERER WACYO. Ubwo kandi ni nako abandi batiyumvishaga ukuntu Dr.Rick Warren yitirirwaga iki gikorwa kandi ari icy’abanyarwanda. Hari n’ibindi byinshi byagiye bikigaragaramo birimo nk’uguhangana gukomeye kwaranze Apotre Gitwaza Paul ndetse n’umuhanzi Nyakwigendera Kizito Mihigo ibyo byose kandi bikabera ku ruhimbi!

Kuba kandi iki gikorwa cyaraberaga muri Kigali gusa, byafatwaga nkaho cyahezaga abanyarwanda baba mu ntara zindi nabyo bikaba impamvu yo kwibazwa niba koko ari icy’abanyarwanda bose!

Hari abatekereza ko iki gikorwa cyaba cyarahujwe n’amasengesho yo gusengera igihugu akorwa n’abayobozi bakuru b’igihugu buri mwaka ariko ntibabibonere igisubizo cya nyacyo.

Hari abibaza kandi igihe bazongera gushima Imana dore ko amadini n’amatorero byarangiye atacyumvikana ku buryo iki gikorwa gikwiriye gukorwamo.

Twasoza twibaza NYIRABAYAZANA w’ihagarara ryacyo kuko ari yo ndorerwamo abakirisitu no mu Rwanda bibonagamo.

Dr.Rick Warren ari kumwe na H.E Paul Kagame

Apotre Rwandamurwa watangije igikorwa cyo kwicomokora ku idini

 

Abapasiteri bamwe bumijwe n’ibyagiye biba muri iki gikorwa

Abanyamakuru bafotoraga Sitade yambaye ubusa

Ibintu byari byiza mu itangira ryaco

Byageze aho amakorali akajya aririmbira Sitade yambaye ubusa

Hitabajwe abahanuzi nabyo biranga….

Ese abantu tubona bikubita hasi mu gihe bari gusengerwa bagushwa n’iki?

0

Umwe mu bantu bakunda gukoresha internet(internaute) yanditse avuga ibyo yabonye ahantu yari yagiye gusengera. Nkuko abivuga, ngo yatangajwe no kubona abantu barambikwagaho ibiganza, bagahita bagwa bagaramye, ubundi ngo bakamara akanya baryamye hasi, nyuma bagahaguruka bagenda, uyu musomyi rero yatashye yibaza ibyo ari byo.

Ukugwa kw’abantu barambitsweho ibiganza kwibazwaho n’abantu benshi, hari ababishyigikira, ariko hakaba n’abandi badatinya no kuvuga ko ari ibya Satani.

Ku batari babibona, nkuko uriya musomyi abivuga, hari igihe nkuko bisanzwe, Umuvugabutumwa ahamagara abantu bo gusengerwa ngo baze imbere, basengerwe, aho rero niho agenda asengera abantu, akenshi hari igihe abasaba kuzamura amaboko, ubundi akabarambikaho ibiganza, nibwo rero ujya kubona ukabona umuntu aguye inyuma agaramye. Mu materaniro bamenyereye iyo mikorere usanga bateganya umuntu ujya inyuma y’uwo basengera kugira ngo amwakir amumanure neza atagwa nabi, njye hari naho nabonye abantu bagwa batanabakozeho, babahushyeho gusa, hari n’uwo nabonye akoresha ikote rye, arikubita abantu uwo rikozeho akagwa.Cyokora nabonye akenshi abantu bagwa neza, ntawe nabonye, akomereka,cyangwa yambara ubusa.

Umuntu wakurikiye neza iby’aba baguye ngo yasanze mu kugwa, baba bataguye igihumura, baba bumva, ngo hari igihe babona,amashusho abibutsa ibintu runaka, hari igihe baba bavuga amagambo asa nk’adasobanutse, ubundi ngo hari igihe baba babonye urumuri imbere muribo, bakumva ubushyuhe, bakumva bafite amahoro menshi, hari igihe bashobora kuguma hasi iminota ndetse n’amasaha, akenshi ngo baba bumva bamerewe neza batabyuka, kandi iyo birangiye ngo baba biyumvamo ko bahuye n’Imana.Ibimenyetso ni byinshi

Abatemera ko ibi bintu bidaturuka ku Mana bavuga ko Nta hantu mw’isezerano rishya abantu bagwaga bakaguma hasi umwanya munini, ahubwo aho abantu bagwaga Imana yahitaga ibabwira guhaguruka, ikindi hari abavuga ko muri Bibiliya abagwaga bose bagwa bubamye, ntabwo bagwa bagaramye

Ku rundi ruhande ababishyigikira basobanura ko akenshi abaguye hari igihe hari dayimoni ziba zibavamo bityo bikaba ari delivrance, batanga urugero rw’igitangaza cya mbere tubona Yesu yakoze mu Butumwa bwiza bwa Luka, aho Yesu yasengeye umuntu utewe na dayimoni wari mw’isinagogi, aho tubona ko uwo muntu yari afite dayimoni imuvugiramo, avuga ati” Duhuriyehe Yesu w’I Nazareti, uje kuturimbura?” Yesu rero Bibiliya itubwira ko yacyashye uwo mudayimoni,ategeka ko ava muri uwo muntu, Bibiliya iravuga iti ” Dayimoni amutura hasi hagati yabo, amuvamo ari ntacyo amutwaye” Luka 4:35 .

Indi ngingo batanga ni uburyo mu gihe cy’intumwa nabwo habaga ibintu bidasanzwe, nk’abantu bakizwaga ari uko igicucu cya ba Petero kibagezeho gusa.(No muri iki gihe hari uwo nabonye ubikora kuri Televiziyo).Ku kibazo cyo kumenya uruhande rwaba ruri mukuri, hari uwagiriye inama Abakristo kwirinda kuvuga ko icyo badasobanukiwe cyose ari icya Satani,atanga urugero, rw’ukuntu Yesu bigeze kumubwira ko ibitangaza akora ari Berzeburi ubimukoresha, Muribuka ko ari ho Yesu, yahereye avuga ko ibyaha byose bizababarirwa ariko icyo gutuka Umwuka Wera kitazababarirwa.  arangiza agira abantu inama kuba mw’ijambo, kwiga ijambo, no gusenga aribyo bizatuma tutagwa mu buyobe, bitume turobanura n’imyuka iyobya.

Ibivejuru bikomeje kwiyongera ku isi biva ku yindi mibumbe. Byakirwa na bande?

0

Ushobora kuba wibaza uti noneho se ni akahe gashya ku byerekeye ibiremwa byaba bituye ku yindi mibumbe (Ibivajuru – Extraterreste – Aliens) ndetse binavugwa ko byaba biza gusura isi?

Amakuru dufite ubu ni uko ubu Uwitwa Mazlan Othman, ukomoka mu gihugu cya Maleziya, ariwe washyizweho nk’ukuriye komite yo kwakira abo “bashyitsi” twakomeje kumva kuva kera.

Reka ariko duhere ku makuru yo mu minsi ishize kugira ngo dufashe uwaba ari bwo yumvise izi nkuru gusobanukirwa byimbitse. Mu by’ukuri si ibya none, imyaka ibaye myinshi havugwa ko mu yindi mibumbe haba hari ibindi biremwa, cyangwa reka tuvuge ibinyabuzima, bifite ubwenge butangaje, ndetse ngo byaba bishaka gusa n’abantu.

Ibyo byakomeje gutera abantu amatsiko, ku buryo nk’ ubu umuherwe w’Umurusiya Yuri Milne,  afatanyije n’umuhanga mu by’ikirere Stephen Hawking bashyizeho inyigo na gahunda yo gushakisha ibyo binyabuzima no guhura nabyo, cyangwa se reka tuvuge kugirana nabyo imishyikirano. Mu byukuri kuba ibi biremwa byaba biriho cyangwa bitariho ntibyemeranywaho n’abiga iby’ikirere bose, ariko na none ntawahakana ko hari ibimenyetso bitera kwibaza byagiye bigaragara kuva mu gihe cya Misiri ya kera kugera ku cyiswe ubu Umurwa mukuru w’ibigendajuru n’ibivajuru, bitazwi aho bituruka.

Bimwe mu bimenyetso twavuga ni ibi bikurikira:

  • Habonetse mu ruhanga rwa Napoleo Bonaparte, wari Umwami w’abami w’Umufaransa, ikinyabuzima kidasanzwe mu bantu. Ibi birahuza n’ibyo Napoleo ubwe yigeze kwivugira ko muri 1794 yafashwe n’abantu badasanzwe, icyo gihe yabuze igihe cy’iminsi 9.
  • Mu nyandiko za kera zo mu Misiri habonekamo ibishushanyo byerekana, imashini ziguruka zidasanzwe zazaga gusura ikibaya cya Nili.
  • Bonibrije (Bonnybridge) aho ni mu gihugu cya Ekose, (Ecosse); Hamaze kuboneka mu kirere cyaho izo mashini 300, ziguruka zidasanzwe, kandi zitazwi aho zituruka.
  • Abahanga babonye ku mubumbe witwa Eropa, twakwita ukwezi k’umubumbe Jipiteri; utuntu bita bagiteri (bacteries) dutukura byerekanako hashobora kuba ubundi buzima buteye imbere mu miterere yabwo.
  • Leonid Ksanfomaliti nawe yabonye  ibimeze nka skorupio (scorpions) ku mubumbe wa Venusi, byaba gihamya yuko hari ubundi buzima.
  • Abahanga bo muri Kaminuza ya Ohio muri Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, babonye, ibishashi bigeze kuri 200, byasaga nkaho ari abantu batuye ku yindi mibumbe bashakaga uko bavugana.

Umupilote w’indege aherutse kubona mu kirere ikintu gikozwe muri mpande eshatu, kiza gisatira indege yari atwaye, mu gihe yiteguraga ko bagongana icyo cyahise kibura.

  • Umukobwa witwa Betty Clem, wo muri Penisilvaniya, yaherutse kubona ikintu kimurika kimanuka gihagarara muri metero 640 yaho yari ari kirongera kiragenda.

Bivugwa ko ibi bivajuru biza ku isi mu rwego rwo kureba aho ikiremwamuntu kigeze kinjira mu mugambi wa satani. Hari ibihugu bikomeye bikorana n’ibi bivajuru mu nganda zikomeye zirimo izicura intwaro kimwe n’ingede zikomeye z’intambara zitagira abapolote (Drones).

Muri AMerika, agace kitwa Area 51 kagenzurwa bikomeye n’ingabo za USA, kavugwaho  kuba karimo ibivajuru bitari bike bikorana n’izi ngabo umunsi ku wundi. Ubutaha tuzabagezaho inkuru irambuye kuri aka gace ka Area 51 kavugwa kuba indiri y’ibivajuru ariko bamwe bakaba bahakana aya makuru.

Basomyi bacu ngibyo bimwe mu bimenyetso twashoboye kubasomera, ariko hari byinshi cyane byagiye byandikwa.

Dore ibyo utazi ku buzima iwabo wa Yesu babagamo umunsi ku wundi!

0

Igice kinini cy‘Ubuzima bwa Yesu/Yezu buzwi tubusanga muri Bibiliya.

Uhereye mu byo abahanuzi bagiye bahanura, kugera ku buzima yabayeho we ubwe, kuva abyarwa na Mariya kugeza yicwa abambwe, akaza kuzuka agasubira mu ijuru. Hari ibindi bitabo bitandukanye byagiye bimuvugaho, ndetse bikanavuga ku bice by’ubuzima bwe butagaragara muri Bibiliya, cyane cyane uhereye aho yari afite imyaka 12 kugera atangira kwigisha.

Hari nk’igitabo cya Urantia.

Igice cya mbere Ngo cyandikiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hagati y’imyaka kuva mu
1924 kugeza mu 1955. Cyanditswe rero n’umuryango witwa Urantia foundation.

Cyamwanditseho amateka arambuye. Nta wakwemeza ko ari ukuri cyangwa ngo avuge
ko ari yo yashingirwaho ukwemera, cyane ko ayashingiweho yanditse muri Bibiliya.

Ibivugwa n’icyo gitabo cya Urantia:
Dusangamo ko Yesu yabyawe na Mariya, wari agiye gushyiranwa na Yozefu, ariko akaza gusama ku bwa Mwuka Wera abibwiwe na Malayika Gabriyeli. Mbere y’aho ariko Malayika Gabriyeli ngo akaba yari yabanje kubonekera Elisabeti, uyu akaba yari mwene wabo wa Mariya, hanyuma nawe akabwirwa ko azabyara umwana akamwita Yohani.
Ibyo byose babwiwe byaje no kuba. Gusa Mariya ngo amaze kwakira ubutumwa bwa Marayika, yarategereje, hanyuma koko aza gutwita ahita afata icyemezo cyo kubibwira Yozefu. Yozefu byaramugoye cyane kubyakira, kuko atabyumvaga. Ariko Mariya ngo aza kubasha kubimwumvisha, amubwira ko ari ubutumwa bw’Imana bombi bahamagariwe gukora,
bwo kuba abarinzi ba Yesu.

Amaze kubona ko Yozefu amaze kubyakira, Mariya ahita yigira gusura Elisabeti. Ariko ngo Yozefu yari agifitemo akantu k’ingingimira. Nibwo yaje kurota abona umuntu ushashagirana nk’izuba aza amusanga aramubwira ati : “Nje nturutse mu ijuru, noherejwe ngo nze nkubwire ku mwana Mariya agiye kubyara”. Amubwira ngo ibya Yezu byose. Nibwo Yozefu yabyutse noneho yemeye ko ibyo Mariya yamubwiraga ari ukuri.

Yozefu rero ngo nta n’ubwo yakomokaga ku muryango wa Dawidi ahubwo ngo uwawukomokagamo ni Mariya, ariko nyine kuko ibisekuruza byafatiraga ku bagabo gusa, Yozefu ashobora kuba yarahise afata ibisekuruza by’umugore we, cyangwa ariko na none, sekuru wa sekuru wa sekuru ubyara. Ni ukuvuga igisekuruza cye cya gatandatu, yabaye imfubyi akiri muto hanyuma aza kurerwa n’umugabo witwaga Zadoc wakomokaga mu muryango wa Dawidi, ngo yaba yarahise afatwa nk’umwana we, mbese nawe nyine ukomoka kuri Dawidi.

Yozefu na Mariya rero bari batuye mu misozi miremire ya Nazareti, hirya ahitaruye umujyi. Ngo ni nacyo cyafashaga Yezu akiri umwana kujya abasha gutembera, ntawe uhangayitse ngo ari bubure aho anyura ataha. Ngo rwose yaratemberaga akagera ku misozi hejuru.

Ngo Yesu yikundiraga kandi gutembera aca mu duhanda tureture tuzengurutse imisozi
akatugenda kugeza ageze ku muhanda munini witwaga Sepphoris. Inzu y’iwabo rero ngo yari yubatse mu mabuye ikagira igisenge kimwe mu kinyarwanda bita icy’impala,
kirambuye, iruhande rwayo hakaba n’ikiraro cy’amatungo
bari batunze.

Imbere ibikoresho byarimo ngo ni ameza
akoze mu ibuye, hakabamo inkono ndetse n’ibyo kuriraho
bikoze mu ibumba no mu mabuye, hakabamo ikintu
kimeze nk’imashini yakoreshwaga mu kudoda, itara,
udutabureti duto twinshi ndetse n’ikirago cyo kuryamira
cyabaga gishashe ku ibuye rinini rirambuye, mbese rimeze
nk’igitanda.

Hanze na none, iruhande rw’ikiraro, hakaba ifuru yo
gutekaho n’urusyo. Uru rusyo ngo rwaragoranaga
cyane kurukoresha ku buryo byasabaga abantu babiri
ngo babashe kurukoresha. Umwe yabaga arukoresha
asya, undi akaba yongeraho impeke zo gusya. Yezu ngo
akiri muto cyane niko kazi yakoraga cyane ko kugenda
yongeraho imbuto nyine mu gihe nyina Mariya we yabaga
asya.

Iki gitabo cya Urantia rero kigaragaramo ko Yozefu
na Mariya babyaye abandi bana. Ngo nyuma y’aho
umuryango umariye kwaguka, mu kurya, bariraga bose
kuri ya meza akoze mu ibuye, bakarya kandi bafata ibyo
barya ku isiniya imwe cyangwa inkono imwe. Mu gihe
cy’ubukonje bw’ubutita, kiriya bita hiver mu gifaransa,
ni mugoroba, ngo baryaga imbere yabo hari itara ryuzuye
amavuta arimo kwaka. Ngo nyuma y’aho havukiye undi
mwana bise Marita, Yozefu yarongeye arubaka, yongera
ikindi cyumba ku nzu yabo.

Icyo cyumba kiba ari cyo agira
ibarizo ku manywa, nijoro kikaba icyumba cyo kuraramo.
Mu mwaka wa munani mbere y’ivuka rya Yesu, nibwo
Cesari Auguste yategetse ibarura ry’abaturage be kugira
ngo amenye uko azajya yaka imisoro. Kubera ariko ko
abayahudi batashakaga iryo barura, umwami Herodi
yanze kurikora, arikora mu mwaka wa karindwi.

Icyo gihe bari bakibara basubira inyuma , ni ukuvuga ko niba
umwaka wa karindwi urangiye, bahitaga binjira mu mwaka
wa gatandatu, uwa gatanu, uwa kane, kugeza bageze kuri
zeru noneho babona gutangira kubara uko tubara uku.
Herodi rero we aho gukoresha ibarura mu mwaka wa
munani yarikoresheje muri karindwi, abandi bamaze
umwaka barikoresheje.

Yozefu na Mariya rero nabo
bajya kwibaruza. Ariko ngo Yozefu yashoboraga kujyayo
wenyine akabaruza umuryango we wose. Gusa ngo
Mariya yashakaga kwitemberera aranga ashaka ko
bajyana. Ngo yari afite n’ubwoba bwo gusigara wenyine
atinya ko ibise byamufata Yozefu adahari, akabyara
adahari. Ikindi kandi, ngo Yeruzalemu ntabwo yari kure
cyane ya Nazareti ku buryo yashoboraga kuhagera
atavunitse cyane.

Igihe Yozefu yari azi rero ko ngo agiye
kugenda wenyine, kuko yari yanabujije Mariya kugenda,
Mariya yagiye gutegura impamba y’urugendo ategura iya
babiri, maze igihe cyo kugenda asohoka mu nzu yakereye
urugendo. Ngo yanashakaga kujya kwisuhuriza nyina
wabo Elisabeti wari utuye i Yeruzalemu. Yozefu abuze
uko agira aramwemerera bafata inzira.

Yozefu na Mariya rero ngo bari abakene. Kuko rero bari bafite ifarashi imwe
gusa yo kugendaho, Mariya wari utwite aba ari we uyurira
wenyine, maze Yozefu agenda ayoboye inyamanswa
agenda n’amaguru.

Ngo kubaka inzu no kuyishyiramo
ibikenewe byose byari byaramugoye cyane, ku buryo
byamusize afite ubukene bwinshi. Ikindi kandi ngo
yagombaga no kwita kuri se wari yaramugaye kiriya gihe.
Bajya kwibaruza rero hari tariki ya 18 Kanama cyangwa
se ukwa munani umwaka wa karindwi mbere ya Yesu.
Umunsi wa mbere w’urugendo rwabo bawumaze bagenda
mu misozi ya Golboa, bwije bacumbika hafi y’inkengero
za Yorodani.

Iryo joro ngo baraye baganira ku mwana
Mariya yiteguraga kubyar Yesu, Yozefu abona ko
ashobora kuzaba umwigisha ku bya roho, naho Mariya
we akemeza ko ari Mesiya uzavuka, akabohora abayahudi
ku ngoma y’igitugu y’abaromani.

Bukeye, hari ku itariki
ya 19, ngo barazindutse bakomeza urugendo rwabo. Saa
sita, ifunguro ngo barifatiye ku musozi wa Sartaba uri mu
kibaya cya Yorudani, nyuma barakomeza bagera Yeriko,
hanyuma bwira neza neza bageze ku nkengero z’umujyi.
Bacumbika aho. Buracya na none bakomeza urugendo,
bagera i Yeruzalemu hakiri kare.

Ngo hari mbere ya saa
sita. Basura urutambiro n’ihekaru, bagera i Betelehemu
aho bagombaga kwibaruriza mu masaha ya nyuma
ya saa sita. Babanza kujya gushaka aho bari burare.
Cyokora amacumbi yari yuzuye, biba ngombwa ko bajya
gucumbika ahahoze ikiraro. Babanza kuhatunganya.
Ngo babonaga ari na heza rwose n’ubwo hari mu kiraro.
Yozefu ashaka guhita ajya kwiyandikisha ako kanya,
ariko Mariya aramwinginga ngo babe baretse kuko
yumvaga ananiwe cyane.

Yozefu aba aretse. Iryo joro
Mariya ngo yaraye nabi, bucya ibise byamufashe. Ngo
afashijwe n’abantu bari bazanye mu rugendo, yarabyaye
abyara umuhungu. Bamuryamisha mu muvure wari ubari
iruhande, bamwambitse imyenda Mariya yari yazanye,
kuko yateganyaga ko ashobora kubyarira mu nzira.
Bukeye bwaho nibwo Yozefu yagiye kwibaruza noneho.
Icyokora ngo yari yamaze kumenyana n’umwe mu bandi
bayahudi bari baje kwibaruza, noneho ahita amwemerera
kumuha icyumba cyiza bakagurana. Bahise rero bimuka,
bahamara ibyumweru bitatu, nyuma bajya gucumbika
kwa mwene wabo wa Yozefu.

Ngo bamaze i Yeruzalemu umwaka, Yozefu akajya akora ibiraka by’ubwubatsi bw’ibisenge by’inzu. Abantu ba mbere ngo baje kureba Yesu yavutse rero, ni abaherezabitambo bo muri Mezopotamiya, ngo bari babwiwe n’umwigisha wabo ko yabonye urumuri rwubuzima mu nzozi, kandi ngo rumeze nk’umwana wavutse. Ngo baramushakishije, ndetse ibyo babikora n’iminsi myinshi, kugeza aho baboneye uwo mwana maze bamuha impano nyinshi bari bamuzaniye. Icyo gihe baza, ngo Yesu yari afite ibyumweru bitatu.

Nyuma igitabo kitubwira uburyo baje kujyana umwana mu ihekaru nk’uko byari umuco, hanyuma bakahahurira na Simewoni ndetse na Anna. Herodi rero ngo akaba yari afite abatasi badakora neza akazi kabo, kugeza ubwo yaje gutungurwa no kubona asuwe na ba baherezabitambo baturutse Mezopotamiya, baza babaririza aho umwana wavutse aai umwami w’abayahudi ari. Ibyo we ntiyari abizi.

Aratangara ababwira ko atabizi ko ariko nibamubona bamubwira nawe akajya kumuramya. Herodi arakarira abatasi be, ahita abtuma ngo bakurikirane bamenye iby’uwo mwana. Bagarutse baza bamuzanira amwe mu magambo Simewoni yari yavuze kuri Yezu cya gihe bamujyana mu ihekaru. Cyokora ntibamenye aho Yozefu na Mariya banyuze bataha. Herodi birushaho kumurakaza.

Zakariya, umugabo wa Elisabeti amenya ko Herodi yarakaye arimo ahigisha ba Mariya kubura hasi kubura hejuru. Bahungira kuri mwene wabo wa Yozefu aba ari naho bahisha umwana. Hashize umwaka Herodi ashakisha yarahebye, noneho ashyiraho itegeko ryo kwica abana bose bato b’imfura. Icyo gihe ngo i Betelehemu hishwe abana bagera kuri 16 b’imfura. Icyo gihe nibwo umwe mu batasi ba Herodi wari waratangiye kwemera ko koko Mesiya yaje, ngo yahise ajya kureba Zakariya amubwira ko abana barimo kwicwa, maze Yozefu na Mariya bahita bahungana Yesu bajya i Alexandriya mu Misiri. Hari mu mwaka wa 6.

Ngo bageze mu Misiri, Yozefu ahabona akazi k’ububaji abasha gutunga umuryango we. Nyuma rwose ngo yaje no kungiriza umuyobozi w’i chantier muri za nyubako zikomeye za kera zo mu Misiri. Ngo ni nabyo byamuhaye igitekerezo cyo gushinga entreprise yu’ubwubatsi agarutse iwabo i Nazareti.

Mariya rero yakoraga ibishoboka byose ngo ntihazagire na busa igihungabanya ubuzima bw’umwana Yesu. Ngo mbere na mbere yabanje kwanga ko Yesu ajya ajya gukina n’abandi bana baturanye. Ngo yahoraga ashaka ko Yesu amuguma iruhande kugira ngo hatagira ikimuhungabanya. Ariko Yozefu ngo yagiye amwumvisha buhoro buhoro ko akwiye kurekura umwana agasanga abandi. Ariko ngo akamucunga cyane.

 

0FansLike
0FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- Advertisement -

Amakuru mashya