Nyakubahwa Hon.BAMPORIKI Edouard,

Njyewe Intumwa Pawulo itari iyo muri Bibiliya,

Nkwandikiye iyi baruwa ngufi nkubaza uburyo uzahuza UMUCO Nyarwanda n’ibibera mu madini n’amatorero mu Rwanda. Njya nkubona muri ba Miss Rwanda ubahanura, nkakubona uhwitura abahanzi batannye ndetse n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu.

Nyamara nakwibutsaga ko idini ari ryo ryakubatije, rikakujijura ndetse rikaguha indangagaciro ziboneye. Gusa, mpisemo kugukebura nk’umuntu uzabazwa n’igihugu ndetse n’Imana ko wubahirije neza ibiri mu nshingano zawe.

Mu idini, hari abo twita Abapasiteri, Abapadiri n’abashehe bataye Umuco ukwiye kuranga abanyarwanda. Hari bahindutse abajura, hari abasambanya abana, hari abafata abagore ku ngufu, hari abahindutse abanyarugomo birirwa bagambanira abandi, hari abatekamutwe bayogoje utwa rubanda n’ibindi nawe usanzwe uzi.

Nyamara, sindakubona wabahamagaje ngo ubakebure…….

Mu bihe byashize mu mwaka wa 2018 nabwo nakwandikiye indi baruwa nkusaba kuzashyiraho Itorero rihuza abanyamadini n’amatorero ariko narategereje…….

Nk’umuntu wakuriye mu Idini, wari ukwiriye gutana umusanzu ndetse n’umwanya wawe nk’uko uwugenera ba Miss Rwanda n’abandi, tukabona uhwitura abanyamadini n’amatorero.

Umuco kandi ukwiriye kugera mu madini n’amatorero kuko bimaze kugaragara yuko hari imwe mu myemerere twazaniwe n’abakoloni yatumye dutakaza indangagaciro z’umunyarwanda.

Abnanyamadini ni bamara gucengerwa n’umuco, bazafasha Leta kuwigisha abayoboke babo kuko bavuga grikijyana.

Nkushimiye yuko usanzwe wumva ibitekerezo bya rubanda, ndetse ukaba ugiye gushyiraho gahunda y’ubuhwituzi.

Yari Intumwa Pawulo itari iyo muri Bibiliya.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here