Ni kenshi twagiye twumva amakimbirane ashingiye ku kurwanira imyanya y’ubuyobozi mu madini n’amatorero mu Rwanda, wakurikirana neza ugasanga akenshi aturuka mu mituruka mu mitungo y’Itorero.

Hari abagiye bagirana amakimbirane ashingiye ku cyene wabo ndetse na ruswa zagiye zitangwa kugira ngo hatanwa nk’amasoko mu bigo by’abihaye Imana. Akarengane nako kagiye kagendana n’ibyo byose kuko uwo badashaka bagiye bamwikiza akirukanwa mu maherere ariko ntagire aho abariza ikibazo cye kubera kutamenya ibiteganywa n’amategeko.

Mu gukora uyu mwandiko, twifuza yuko inzego zirimo Transparence Internationla Rwanda ndetse na RIB bajya bakurikirana neza uburyo ruswa zitangwa mu madini n’amatorero ndetse n’akarengane kagahagarikwa kuko hari ingero nyinshi tuzagenda tugarukaho zifite n’ibimenyetso.

Hakwiriye kubaho umurongo usobanutse ku guhangana n’iki kibazo kuko kigenda gifata indi ntera.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here