Nk’uko biri mu murongo wa ISANGE.rw, uyu munsi tugiye gusesengura ibintu 5 idini ya Islam huriraho n’Itorero rya ADEPR:

1.GUTSIMBARARA KU MAHAME: Twirinze ukoresha AKARISHYE cyangwa UBUHEZANGUNI, nkuko hatabura bamwe babibona muri uwo mujyo. Yaba Islam cyangwa ADEPR, usanga abayoboke bayo barangwa no gutsimbabara ku byo bigishijwe ku buryo hari igihe bigera ku rwego rw’uko ijuru bamaze kurigabana, ko utarayobotse imyemerere yabo yaba yibeshya.

2. GUPFUKA UMUTWE KU BAGORE: Abagore bo muri Islam ndetse na ADEPR usanga bahurira ku gupfuka umutwe nk’ikimenyetso cyo gukiranukira Imana. Nubwo muri ADEPR hari ababidohokaho, usanga bakunze kwibazwaho na bagenzi babo aho babacira imanza zuko Imana itababona neza.

3. GUSENGA BIYIRIJE UBUSA: Abo mu Idini ya Islam usanga basenga mu gihe cy’igisibo biyirije ubusa umunsi wose. Ibi babifata nko kwibabaza kugira Imana yumve neza isengesho ryabo. Muri ADEPR naho ni uko kuko usanga buri cyumweru kuri buri Torero hategurwa umunsi umwe w’amasengesho yo kwiyiriza ubusa, bagahanura byitwa ukuvugana n’Imana.

4. INZOGA N’UBUSAMBANYI: Muri ADEPR na Islam usanga bashimirwa ukuziririza inzoga kimwe n’ibindi bintu byose bifatwa nk’ibisindisha. Ababifata usanga bakunze kubaha abasengera muri ADEPR na Islam ko iyo ngingo bayitwaraho kigabo n’ubwo hatajya habura ababikora rwihishwa. Usanga abo muri ADEPR na Islam kandi kuri iyi ngingo bakunze kwitwararika ku buryo n’ubifatiwemo bamumerera nabi. Iki ni icyaha baziririza cyane.

5. AMAKIMBIRANE YA HATO NA HATO: Ni kenshi twagiye twumva cyangwa se tubona Leta iza gukemura amakimbirane atarangira mu Itorero ADEPR. Ngabo abafunzwe, ngabo abagambanira abandi n’ibindi. Muri Islam kandi naho nta wakwibagirwa intugunda zikunze kuhagaragara bapfa ubuyobozi n’ibindi. Nta kwakwibagirwa uburyo hari abigeze guhanana kugera nubwo barwaniye mu irimbi aho bari bagiye mu gikora cyo gushyingura uwari witabye Imana.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here